Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buramenyesha abantu bose babyifuza kandi
bujuje ibyangombwa bisabwa muri iri tangazo ko Akarere kifuza abakozi ku myanya
inyuranye nk’uko bigaragara muri iyi mbonerahamwe
1. Umukozi ushinzwe irangamimerere mu Murenge (Civil Status & Notary)
(1) : Usaba akazi agomba kluba afite byibuze impamyabumenyi y’icyiciro
cya kabiri cya kaminuza (A0) mu bijyanywe n’amategeko (Bachelor’s degree in
law)
2. Umukozi ushinzwe gucunga ikigo gitanga serivisi z’ikoranabuhanga
n’ubumenyi mu gutegura imishinga Business Development Center (BDC) (1) :
Usaba akazi agomba kuba afite byibuze impamyabumenyi y’ciyiciro cya kabiri cya
kaminuza (A0) mu bijyanye na Management n’uburambe mu kazi nibura bw’umwaka
umwe
3. Umukozi ushinzwe ikoranabuhanga mu kigo gitanga serivisi z’ikoranabuhanga
n’ubumenyi mu gutegura imishinga Business Development Center (BDC)(1) Usaba
akazi agomba kuba afite byibuze impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya
kaminuza (A0) mu bijyanye n’ikoranabuhanga (Computer Science)
Ibyangombwa bikenewe ni ibi bikurikira
Hagomba kuzuzwa form ivanwa kuri website ya Public Service Commission ari yo
www.psc.gov.rw cyangwa bishinzwe abakozi
ku kicaro cy’akarere ka Kayonza, kopi y’impamyabumenyi, amafoto abiri magufi
y’amabara na fotokopi y’indangamuntu bikagezwa mui bunyamabanga rusange
bw’Akarere ka KAYONZA bitarenze ku wa 28/09/2012 saa kumi n’imwe z’umugoroba
NB : Ibyangombwa umukozi agomba kuba yujuje bizasabwa uzaba
yatsinze ikizamini