Imyanya 59 y’AKAZI mu Karere ka Kamonyi, Rwanda

NTARENGWA:
11/02/2015

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi
buramenyesha ababyifuza bose ko Akarere ka Kamonyi gashaka gutanga akazi
k’igihe gito abantu 59, bazakora “Data entry” y’ibyiciro by’ubudehe.

Agomba kuba yujuje ibi
bikurikira :

  • Kuba ari umunyarwanda ;
  • Kuba indakemwa mu mico no mu myifatire ;
  • Kuba nibura yararangije amashuri yisumbuye (A2) ;
  • Kuba azi neza ururimi rw’ikinyarwanda, icyongereza
    cyangwa igifaransa, kubimenya byose byaba ari akarusho ;
  • Kuba amenyereye gukoresha mudasobwa cyane cyane mu murimo
    wa “Data entry”, Kuba azi gukoresha porogaramu za SPSS na CS Pro byaba ari
    akarusho ;
  • Kuba afite imashini ye bwite (Laptop) imeze neza
    azakoresha muri iki gikorwa, ibasha kwakira porogaramu zizakoreshwa muri
    iki gikorwa.
  • Imashini (Laptop) umukozi azazana igomba kuba ifite
    antivirus iri “updated”, ifite ubushobozi bwo gukora iki gikorwa,
    azayikoresha kuva “Data entry” itangiye kugeza irangiye kandi amakuru
    ashyizwemo afatwa nk’ibanga ry’akazi ;
  • Kugararaza nimero ya konti yazahemberwaho aramutse atsindiye
    uyu mwanya.

Abifuza gupiganirwa iyi myanya
buzuza ifishi isaba akazi iboneka ku rubuga rwa internet rwa komisiyo y’abakozi
ba leta (www.psc.gov.rw)
bakayitanga mu bunyamabanga rusange bw’Akarere ka Kamonyi, iherekejwe na
fotokopi y’impamyabumenyi, fotokopi y’indangamuntu na fotokopi ya “Certificate”
ya “Computer” (Kubarangije ikiciro cya mbere cya kaminuza ntago basabwa iyi
“certificate”).

Kwakira amadosiye y’abakandida
bizarangira ku wa gatatu taliki 11 Gashyantare 2015 I saa kumi n’imwe (17h00”).

Abakandida bujuje ibisabwa
bazakora ikizamini cy’akazi ku wa gatanu taliki ya13 Gashyantare 2015 saa tatu
za mugitondo (09h00”), ku cyicaro cy’Akarere ka Kamonyi bakazaza bitwaje
mudasobwa (Laptop) zabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *