Umunyamakuru w’igihe gito ku Karere ka Nyamagabe, Rwanda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe burashaka
gutanga akazi k’igihe gito kagengwa n’amasezerano ku mpuguke (consultat
individuel) izajya itegura ibiganiro no gushyira amakuru kuri website
y’Akarere :
Mu byo azakora harimo :
1. Ibiganiro kuri Radio : nibura 1 buri
cyumweru
2. Ibiganiro kuri TV : nibura ikiganiro 1
buri cyumweru
3. Amakuru kuri website : nibura inkuru 2
buri munsi
Uwifuza gupiganirwa ako kazi agomba kuba yujuje
ibi bikurikira :
• Kuba ari Umunyarwanda cyangwa Umunyarwanda
kazi ;
• Kuba afite impamyabushobozi ya Kaminuza A0
n’uburambe bw’imyaka itatu akora itangazamakuru ;
• Kuba amenyereye gukorana n’inzego z’ibanze
byaba ari akarusho
• Kuba amenyereye gukora inkuru zijyanye
n’iterambere ry’icyaro byaba ari akarusho
• Kuba ari indacyekemwa mu mico no mumyifatire.
Abifuza gusaba ako kazi ; amadosiye yabo
yuzuye asaba akazi agomba kuba yagejejwe mu bunyamabanga rusange bw’Akarere,
bitarenze kuwa 11/2/2013 saa kumi n’imwe (17h00’) z’amanywa, ikaba irimo ibi
bikurikira :
• Ibaruwa igaragaza neza ibyo azakora(motivation
letter)
• Umwirondoro(CV)
• Icyemezo cy’aho yakoze imirimo isa nayo
• Icyemezo cy’uko yakoze itangazamakuru nibura
imyaka 3
• Foto kopi y’impamyabushobozi hamwe n’iy’ikarita
ndangamuntu.
• Inyandiko igaragaza uko yifuza kwishyurwa buri
kwezi harimo n’imisoro Urutonde rw’abakandida bemerewe n’abatemerewe gukora
ipiganwa ruzaba rumanitse ku Biro by’Akarere kuwa 16/2/2013 ndetse
runagaragara kuri Site Web y’Akarere.
Abemerewe gukora ipiganwa ibizamini bizakorwa
kuwa 19/2/2013 ku Biro by’Akarere guhera saa yine (10h00’) z’amanywa.
N.B :– Kubaza
bemerewe gukora ipiganwa hazakorwa ikizamini kimwe gusa, kizakorwa mu buryo
bw’ikiganiro (interview).
Bikorewe i Nyamagabe, kuwa 25/1/2013
MUGISHA Philbert
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *