Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma Bwana NIYOTWAGIRA François aramenyesha abantu bose babishaka kandi babifitiye ubumenyi ko Akarere ka Ngoma gakeneye abakozi ku myanya y’ Abashinzwe Uburezi ku rwego rw’imirenge . Abifuza gupiganirwa iyo myanya bagomba kuba bujuje ibi bikurikira :
(1) Kuba ari Umunyarwanda ;
(2) Kuba afite impamyabumenyi yo mu rwego A0 mu burezi (Psychopedagogy/Psychopédagogie cyangwa Planification de l’Education/ Igenamigambi ry’Uburezi).
Icyitonderwa :Dosiye z’abasaba zigizwe n’ifishi yujujwe neza (iboneka mu Biro
by’Ubunyamabanga Rusange bw’Akarere), fotokopi
y’impamyabumenyi n’iy’indangamuntu by’usaba bigomba kuba
byagejejwe mu Biro by’Ubunyamabanga Rusange bw’Akarere
bitarenze kuwa 21/11/2011 isaa kumi n’imwe(17h00).